REAF RWANDA
@REAF_Rwanda
The official Twitter handle of Rwanda Elders Advisory Forum. The national agency responsible to advise the government on topical issues.
Email: [email protected]
ID:917369058177282048
http://www.reaf.gov.rw 09-10-2017 12:40:02
193 Tweets
286 Followers
110 Following
Bamwe mu bagize itsinda ry'inararibonye REAF RWANDA ryunguranye ibitekerezo na Minisitiri wa Minisiteri y'Abakozi ba Leta n'Umurimo ku mpamvu zitera ibyuho mu ishyirwa mu bikorwa rya zimwe muri politiki na gahunda za Leta n'icyakorwa ngo ibyo byuho bikurweho.
Minisitiri w'Intebe Dr. Ngirente Edouard yagiranye ibiganiro n'abagize Urubuga Ngishwanama rw'Inararibonye z'u Rwanda REAF RWANDA, bibanze ku ishyirwa mu bikorwa rya politike na gahunda za Guverinoma.
Abayobozi n'abakozi ba REAF RWANDA, Ministry of Gender & Family Promotion | Rwanda ,Ministry of Youth and Arts | Rwanda,National Child Development Agency | Rwanda,@Cooperat, National Public Service Commission l Rwanda,National Women's Council & @RwandaYouth bahuriye mu gikorwa cyo #Kwibuka30 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama.
Uyu munsi, Itsinda rya bamwe mu bagize REAF RWANDA ryagiranye ibiganiro na Minisitiri muri Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda ku buryo MINICOM n'ibigo biyishamikiyeho RICA na RCA byamanuye inshingano na serivisi mu nzego zegerejwe abaturage.
Itsinda rya bamwe mu bagize REAF RWANDA ryahuye na Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu n'abayobozi bakuru muri iyi Minisiteri mu nama yari igamije kungurana ibitekerezo ku mpamvu zitera ibyuho bigaragara mu ishyirwa mu bikorwa rya zimwe muri politiki na gahunda za Leta.
Itsinda ry'Abagize REAF RWANDA ryunguranye ibitekerezo n'Ubuyobozi bw'Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Imikurire no Kurengera Abana (NCDA) ku mpamvu zitera ibyuho mu ishyirwa mu bikorwa rya zimwe muri politiki na gahunda za Leta n'icyakorwa ngo ibyo byuho bikurweho.
Bamwe mu bagize itsinda ry'Inararibonye REAF RWANDA bunguranye ibitekerezo na Minisitiri w'uburezi, Umunyamabanga wa Leta muri MININFRA n'Umuyobozi wa RMB, ku buryo inzego bayoboye zimanura inshingano na serivisi mu nzego zegerejwe abaturage.